RwandaChild

RwandaChild National Child Development Agency | NCD The Official Facebook Account of the National Child Development Agency in Rwanda

Kuri uyu wa 06 Kanama 2026, abana bahagarariye abanda baturutse mu Gihugu hose bitabiriye Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ...
06/08/2026

Kuri uyu wa 06 Kanama 2026, abana bahagarariye abanda baturutse mu Gihugu hose bitabiriye Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18. Iyi nama yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko kandi yitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za Leta n’imiryango itari iya Leta.

Mu ijambo rya ISIMBI Kelia, uhagarariye abandi bana ku rwego rw’Igihugu, yashimiye ubuyubozi bw’Igihugu buha abana ijambo, abusaba kubikomeza no kurushaho gukumira ibibangamira umwana harimo ibiyobyabwenge, ihohotera rikorerwa abana no guta ishuri.

Yibukije abana bagenzi be kuzirikana iteka ko bafite uburenganzira ariko kandi ko banafite inshingano zo kubaha abakuru n’ababarera, kumvira, gukunda ishuri, kwirinda ingeso mbi harimo kunywa inzoga, urugomo no kurangwa iteka n’indangagaciro z’umuco nyarwanda”.

Yifashishije insanganyamatsiko y’iyi nama , Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), Ingabire Assumpta yibukije ko abana ari ab’agaciro bityo ko bagomba kwitabwaho uko bikwiye kandi nabo bakagira uruhare mu iterambere ryabo, bikabagirira akamaro bikakagirira imiryango yabo ndetse n’Igihugu muri rusange.

Yagaragaje ko mu gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya 17 hakozwe ibikorwa binyuranye, harimo gutangiza uburyo burambye bwo gutegura amasomo y’abarezi b’abana bato, n'ubukangurambaga ku burere buboneye hagamijwe kongerera ababyeyi n’abarezi ubumenyi bwo kwita ku bana.

Yanasabye abana gutanga ibitekerezo byubaka, bakagaragaza ibibazo bibugarije, n’uburyo byakemurwa. Ati “ibitekerezo byanyu bifite agaciro kandi bizafasha abafata ibyemezo kurushaho kunoza gahunda zibagenewe”.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee yagaragaje ko Inama Nkuru y'Igihugu y'Abana ari ikimenyetso cy'uko u Rwanda ruha agaciro umwana kandi ko rwemera ko ijwi rye ari ingenzi mu rugendo rwo kubaka, bityo asaba abana kuyitangamo ibitekerezo biteza imbere imibereho yabo n’iya bagenzi babo.

Yasabye abana kugira intego y'ubuzima, bagashyira imbaraga mu kwiga no gukoresha ikoranabuhanga no kwirinda ibibarangaza byose, ubusinzi, ibiyobyabwenge, inshuti mbi n'abantu babashuka babizeza ibyiza ariko bakabajyana mu ngeso mbi.

Kuri uyu wa 06 Kanama 2026, abana bahagarariye abanda baturutse mu Gihugu hose bitabiriye Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ...
06/08/2026

Kuri uyu wa 06 Kanama 2026, abana bahagarariye abanda baturutse mu Gihugu hose bitabiriye Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18. Iyi nama yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko kandi yitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za Leta n’imiryango itari iya Leta.

Mu ijambo rya ISIMBI Kelia, uhagarariye abandi bana ku rwego rw’Igihugu, yashimiye ubuyubozi bw’Igihugu buha abana ijambo, abusaba kubikomeza no kurushaho gukumira ibibangamira umwana harimo ibiyobyabwenge, ihohotera rikorerwa abana no guta ishuri.

Yibukije abana bagenzi be kuzirikana iteka ko bafite uburenganzira ariko kandi ko banafite inshingano zo kubaha abakuru n’ababarera, kumvira, gukunda ishuri, kwirinda ingeso mbi harimo kunywa inzoga, urugomo no kurangwa iteka n’indangagaciro z’umuco nyarwanda”.

Yifashishije insanganyamatsiko y’iyi nama , Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), Ingabire Assumpta yibukije ko abana ari ab’agaciro bityo ko bagomba kwitabwaho uko bikwiye kandi nabo bakagira uruhare mu iterambere ryabo, bikabagirira akamaro bikakagirira imiryango yabo ndetse n’Igihugu muri rusange.

Yagaragaje ko mu gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya 17 hakozwe ibikorwa binyuranye, harimo gutangiza uburyo burambye bwo gutegura amasomo y’abarezi b’abana bato, n'ubukangurambaga ku burere buboneye hagamijwe kongerera ababyeyi n’abarezi ubumenyi bwo kwita ku bana.

Yanasabye abana gutanga ibitekerezo byubaka, bakagaragaza ibibazo bibugarije, n’uburyo byakemurwa. Ati “ibitekerezo byanyu bifite agaciro kandi bizafasha abafata ibyemezo kurushaho kunoza gahunda zibagenewe”.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee yagaragaje ko Inama Nkuru y'Igihugu y'Abana ari ikimenyetso cy'uko u Rwanda ruha agaciro umwana kandi ko rwemera ko ijwi rye ari ingenzi mu rugendo rwo kubaka, bityo asaba abana kuyitangamo ibitekerezo biteza imbere imibereho yabo n’iya bagenzi babo.

Yasabye abana kugira intego y'ubuzima, bagashyira imbaraga mu kwiga no gukoresha ikoranabuhanga no kwirinda ibibarangaza byose, ubusinzi, ibiyobyabwenge, inshuti mbi n'abantu babashuka babizeza ibyiza ariko bakabajyana mu ngeso mbi.

Mu butumwa yageneye ababyeyi yagize ati “Nta mpano iruta guha umwana urukundo, umwanya n'uburere buboneye. Turabizi ko umuryango ari wo shingiro ry'imikurire myiza y'umwana. Duharanire kubaka imiryango ishoboye kandi itekanye, irangwa n'urukundo n'ubwumvikane.

Minisitiri yibukije abayobozi mu nzego zinyuranye n’abafatanyabikorwa ko n’ubwo hari byinshi byagezweho mu guteza imbere imibereho y'abana, hakiri ibibazo bibangamira imikurire yabo maze abasaba gufatanya kubikera, kuko nta rwego runaka rwabikemura rwonyine.

Muri iyi nama, abana bagaragaje impano zabo kandi bakora ibiganiro mpaka ku burere buboneye cyakozwe n’abana bo mu Ntara y’Iburengerazuba, bagaragaje ko guhanisha abana ibihano bibabaza umubiri bibagiraho ingaruka mbi, basaba ababyeyi kubonera abana umwanya uhagije wo kubitaho, kugira babashe kubakosora batabahutaje igihe bakosheje.

Abana bitabiriye Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18 bagaragaje impano zitandukanye, zirimo imbyino, kuyobora ibiganiro no kuvuga imivugo.

06/08/2026

Wa munsi wageze!
Ubu Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18 iri kubera mu Ngoro y'Inteko Ishinga Amategeko. Ushobora kuyikurikira unyuze kuri uyu muyoboro:

05/08/2026

Ese wonsa umwana wawe uko bikwiye?

Mubyeyi, kwicara neza no gufata umwana neza igihe umwonsa bimufasha konka atekanye, agahaga atavunitse, kandi nawe ntunanirwe mu gihe cyose umwana yonka. Sobanukirwa uburyo bworoshye bwo konsa neza.

Video:

Kuri uyu wa kabiri, NCDA yakiriye abana 567 bazitabira Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18 izabera muri Rwanda Parliamen...
04/08/2026

Kuri uyu wa kabiri, NCDA yakiriye abana 567 bazitabira Inama Nkuru y’Igihugu y’Abana ya 18 izabera muri Rwanda Parliament ku wa kane tariki ya 6/8/2026. Aba bana barimo abahagarariye abandi ku rwego rw’Umurenge, urw’Akarere, Intara n’Umujyi wa Kigali, n’abahagarariye ababa mu nkambi z’impunzi.

Yakira abana bitabiriye Inama Nkuru y'Igihugu y'Abana ya 18, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa NCDA, Munyemana Gilbert yababwiye ko bafite inshingano zo guhagararira abandi kandi yizera ko imyitwarire yabo iri mu byatumye batorwa na bagenzi babo ngo babahagararire.

Yabibukije ko inama bitabiriye ari umwanya mwiza wo gatanga ibitekerezo ku bibazo babona bibangamiye abana n'uko byakemuka.

DDG Munyemana yabasabye ko mu gihe bazamara (mbere y'inama na nyuma yayo) bagomba kwiyubaha no kubaha abandi, bakirinda ibishobora kubangiriza ubuzima. Yabasabye ko mu buzima bwabo bakwiye gukunda umurimo, Igihugu no guharanira kugiteza imbere.

Konka neza byubakira umwana umusingi w’ubuzima buzira umuze, bikaba n’umuyoboro  w’urukundo hagati y'umubyeyi n'umwana, ...
04/08/2026

Konka neza byubakira umwana umusingi w’ubuzima buzira umuze, bikaba n’umuyoboro w’urukundo hagati y'umubyeyi n'umwana, kandi bikagira uruhare mu kubungabunga mu buryo burambye ubuzima bwabo bombi. Akamaro ko konsa ni ntagereranywa.

Enjoy the videos and music you love, upload original content, and share it all with friends, family, and the world on YouTube.

𝗡𝗶𝗯𝘆𝗼!Inzoga zitujuje ubuziranenge zirica, 𝗔𝗿𝗶𝗸𝗼,N'izibwujuje ntizemewe ku bana. Tuzibarinde!!!
04/08/2026

𝗡𝗶𝗯𝘆𝗼!
Inzoga zitujuje ubuziranenge zirica,

𝗔𝗿𝗶𝗸𝗼,

N'izibwujuje ntizemewe ku bana. Tuzibarinde!!!

Turi mu cyumweru cyahariwe ubukangurambaga bwo  . Ubu bukangurambaga ngarukamwaka bukorwa muri Kanama, hagamijwe kuzirik...
03/08/2026

Turi mu cyumweru cyahariwe ubukangurambaga bwo .

Ubu bukangurambaga ngarukamwaka bukorwa muri Kanama, hagamijwe kuzirikana akamaro ko konsa n'uruhare rwa buri wese mu konsa neza.

Insanganyamatsiko: 𝙆𝙤𝙣𝙨𝙖 𝙣𝙚𝙯𝙖, 𝙪𝙢𝙪𝙣𝙨𝙞𝙣𝙜𝙞 𝙬'𝙪𝙗𝙪𝙯𝙞𝙢𝙖 𝙗𝙬𝙞𝙯𝙖.

Abana 567 bahagarariye abandi mu Gihugu hose bagiye guhurira mu Nama Nkuru y’Igihugu y’Abana izaba ku nshuro ya 18.Bazun...
03/08/2026

Abana 567 bahagarariye abandi mu Gihugu hose bagiye guhurira mu Nama Nkuru y’Igihugu y’Abana izaba ku nshuro ya 18.

Bazungurana ibitekerezo kuri gahunda rusange z’Igihugu n’izigamije guteza imbere umwana by’umwihariko.

Insanganyamatsiko "Ejo Ni Njye"

Address

KG 7 Avenue 21
Kigali

Opening Hours

Monday 07:00 - 17:00
Tuesday 07:00 - 17:00
Wednesday 07:00 - 17:00
Thursday 07:00 - 17:00
Friday 07:00 - 17:00

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when RwandaChild posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Organization

Send a message to RwandaChild:

Shortcuts

Share