01/07/2026
Mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka y'ubutwari bwaranze u Rwanda no gukomeza kwimakaza indangagaciro z'ubutwari; uyu munsi, abarezi ba GS RUGOGWE ryo mu Karere ka Gatsibo, basuye Igicumbi cy’Intwari z’Igihugu giherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali. Bahawe ikiganiro ku mateka y’ubutwari mu Rwanda, banasura ibice bikigize.
Umuyobozi wa GS Rugogwe NIYONKURU Hamza, yavuze ko uru ruzinduko rwabongereye ubumenyi ku mateka y'Igihugu kandi rukaba rugiye kubafasha gukomeza gutoza abanyeshuri indangagaciro z'ubutwari, ubwitange, gukunda Igihugu, kunga ubumwe n’izindi.