26/06/2026
Ku bufatanye n’umuryango Haguruka NGOo twasoje ubukangurambaga bwari bugamije kongerera ubumenyi abaturage n’abayobozi b'inzego z'ibanze bo mu karere ka Nyabihu ku burenganzira ku butaka bwabo, Itegeko ry’ubutaka, imicungire n’imikoreshereze yabwo, itegeko ry’umuryango, n'imicungire y'umutungo hagati y'abashakanye na serivisi z'ubutaka hibandwa ku ihame ry’uburinganire.
Abitabiraga ubwo bukanguramba baganirizwaga ku ngingo zitandukanye irimo gusobanurirwa ibyiciro by'ubutaka, imitungire y'ubutaka (land ownership), ibijyanye n'íhererekanya ry'uburenganzira ku butaka, imikoreshereze y'ubutaka, Uburenganzira n'inshingano ku butaka, ibyemezo by'inzego za Leta n'ibihano ku byaha ku mikoreshereze y'ubutaka; imikemurire y'amakimbirane yerekeranye n'ubutaka (Land dispute management),imicungire y'umutungo w’ubutaka bw'abashyingiranywe n’ibindi.
Muri ubwo bukangurambaga bwabereye mu mirenge yose igize ako karere bwanabaye umwanya mwiza wo kuganira n’abaturage binyuze mu nteko z’abaturage, kwakira no gukemura ibibazo by'ubutaka ndetse no gukosora imbibi z’ubutaka aho zitari zipimye neza.
Abitabiraga banagirwaga inama yo kwirinda amakimbirane ashingiye ku butaka, basabwa ko mu gihe banayagiranye bajya bakoresha ubuhuza n’ubundi buryo bwo kuyakemura mu mahoro hatabayeho kujya mu nkiko (Alternative Dispute Resolution) kugira ngo akemurwe mu bwumvikane.
Akarere ka Nyabihu kagizwe n’imirenge 12, utugari 73 hamwe n’imidugudu 473